AMATEGEKO N’AMABWIRIZA AJYANYE NO KWIYANDIKISHA KU IFATABUGUZI RYA SERIVISI Z’ITUMANAHO ZA MTN “Macye Macye” HARIMO NA TELEFONI

Amabwiriza rusange

Muguushyira umukono kuri aya masezerano yo kwiyandikisha ku ifatabuguzi (hano yiswe “AMASEZERANO”) akozwe hagati yawe ubwawe, MTN Rwandacell Plc (yiswe “MTN” muri aya  masezerano) na Banki XYZ (yiswe “BANKI” muri aya  masezerano), wowe uguze (wiswe “WOWE” cyangwa “UMUGUZI” muri aya masezerano) uraba wemeye kugura telefoni (yiswe “IGIKORESHO CY’ITUMANAHO” muri aya  masezerano) ariko ubwishyu bwayo bwose ukagenda ubutanga mu byiciro, ukazajya wishyura serivisi y’itumanaho uhawe na MTN utanga buri kwezi umubare w’amafaranga wagenwe (muri aya masezerano wiswe “IKIGUZI CY’ITUMANAHO” kandi ukabikora mu gihe kingana n’amezi 12 (hano cyiswe “IGIHE CY’IKURIKIZWA RY’AMASEZERANO”), ukubahiriza ibikubiye muri aya mabwiriza.

Ikiguzi cy’Itumanaho kingana na rwf 1,000 na rwf 500 ni umubare w’amafaranga wiyemeje kwishyura buri kwezi mu gihe aya masezerano azaba agikurikizwa, ukaba udahinduka keretse uramutse udatanze ubwishyu bwawe usanzwe utanga buri kwezi.

Ikiguzi cy’Itumanaho gikubiyemo ubwishyu bwa buri kwezi ku giciro cy’Igikoresho cy’Itumanaho, amafaranga uzakoresha kuri interineti, ayo uzakoresha uhamagara ndetse n’ayo uzakoresha wohereza ubutumwa bugufi, byose bigatangwa buri kwezi na MTN, umuyoboro ukoresha. Buri kwezi, uzajya usabwa kwishyura amafaranga ahwanye n’Ikiguzi cy’Itumanaho ukoresheje konti ya MTN Mobile Money (yiswe “Momo” muri aya masezerano). Ubwishyu bushobora gutangwa mu byiciro buri munsi, buri cyumweru cyangwa buri kwezi ariko umubare wuzuye w’amafaranga yagenwe yishyurwa mu kwezi ukaba watanzwe mbere yuko itariki ubwishyu bw’ukwezi butangirwaho igera kandi ntibirenze umunsi umwe (1) mbere y’iyo tariki ntarengwa yo kwishyuriraho. Hashingiwe kuri aya masezerano, uhaye MTN uburenganzira bwo kuzajya ikura buri munsi/cyumweru/kwezi kuri konti yawe ya “Momo” amafaranga ajyanye n’ifatabuguzi ku itumanaho wafashe buri kwezi.

Ubwishyu bw’ukwezi nibumara gutangwa bwose, ku itariki wiyandikishirijeho ufata ifatabuguzi MTN izajya iguha serivisi z’itumanaho z’ukwezi gukurikiyeho.

Umukiriya / Urebwa n’aya masezerano

Iyo tuvuze “Wowe” cyangwa “UMUGUZI” bisobanura umuntu ku giti cye uba ari n’umukiriya wafashe ifatabuguzi. Wasobanukiwe kandi wemeye kuzajya wishyura umubare w’amafaranga uwo ari wo wose usabwa muri aya masezerano. Ntabwo wemerewe gushyira umukono kuri aya masezerano mu izina ry’undi muntu, undi muryango, ikindi kigo cy’ubucuruzi cyangwa urundi rwego rwa Leta kandi wiyemeje ku giti cyawe kubahiriza ibiyakubiyemo nubwo twasanga harimo ingingo zihabanye.

Kwemera Igikoresho cy’Itumanaho

Wemeye guha ijambo ry’urufunguzo (“OTP”) abahagarariye ibikorwa byacu by’ubucuruzi cyangwa abakozi bacu badahoraho kugira ngo bajye bagufasha mu gikorwa cyo kwishyura Igikoresho cy’Itumanaho.

Ubwishyu bwa mbere bw’ukwezi butangwa n’umukiriya

Gutanga ubwishyu bwa mbere bw’ukwezi bikorwa hifashishijwe konti ya “Momo” ku mukozi ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri MTN cyangwa ku maduka y’abafatanyabikorwa ba MTN. Iki ni cyo kintu cy’ibanze gikorwa kugira ngo ubusabe bwemerwe. Iyo ari ngombwa gutanga avansi kugira ngo uhabwe serivisi yatoranyijwe, ubwishyu na bwo butangwa bunyujijwe kuri konti ya “Momo” ku mukozi ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri MTN.

Amafaranga yishyurwa buri kwezi

Kwiyandikisha kuri izo serivisi bikorwa mbere y’itariki wiyandikishirijeho uhabwa ifatabuguzi maze ubwishyu bwa buri munsi/cyumweru/kwezi buhwanye n’amafaranga y’Ikiguzi cy’Itumanaho cya buri kwezi bukavanwa kuri konti ya “Momo”.

Numara gutanga ubwishyu bwose bw’ukwezi, ku itariki wiyandikishirijeho uhabwa ifatabuguzi MTN izajya iguha serivisi z’itumanaho zizakoreshwa mu kwezi gukurikiyeho zirimo – amafaranga yo guhamagara, amafaranga ukoresha kuri interineti n’izindi serivisi z’itumanaho.

MTN ntiyishingira na rimwe igihombo icyo ari cyo cyose, amafaranga wasohoye cyangwa ibyangiritse mu buryo ubwo ari bwo bwose bitewe nawe kubera kutubahiriza ibisabwa.

Iyo unaniwe gutanga ubwishyu ku ifatabuguzi ry’itumanaho, bituma duhita tuvana Igikoresho cy’Itumanaho cyawe ku murongo. Telefoni yawe isubizwa ku murongo iyo umaze kwishyura amafaranga yose y’ibirarane ku ifatabuguzi (urasabwa gukurikiza amabwiriza akubiye mu nyandiko itanga ibisobanuro iri mu gakarito karimo Igikoresho cy’Itumanaho).

Ikindi ugomba kumenya ni uko Banki ifite uburenganzira bwo kumenyesha Ibiro bishinzwe inguzanyo n’inzego ngenzuramikorere zibishinzwe cyangwa ibigo bya leta ko wananiwe kwishyura uko bisabwa. Amafaranga yose yishyuwe ku birarane akusanywa n’abakozi bacu babishinzwe ariko Banki na yo ikaba ifite uburenganzira bwo gukurikirana umukiriya uwo ari we wese wananiwe kubahiriza amasezerano.

Kurinda igikoresho cy’Itumanaho

Mu gihe habaye ubujura hakagaragazwa inyandiko zisabwa zerekana ko hari ikirego cyatanzwe kijyanye n’ubwo bujura, Banki iguha indi telefoni igezweho isimbura ya yindi kandi ihwanye na yo, ikabikora nta kiguzi igusabye. Uko gusimbuza telefoni indi bikorwa inshuro imwe gusa mu masezerano amara amezi 12.

Ku birenze ibyo, amabwiriza y’ubu bwinshingizi k’ubwishyu azakurikizwa.

  1. Mugihe cyo guhindura telephone, umukiriya bireba azasabwa kugira uruhare yishyura rungana n’ijanisha rya;
  • Kuri telephone wafashe muri gahunda ya Device financing ikaba itararenza amezi 6 uyifashe wishyura 20%
  • Kuri telephone wafashe muri gahunda ya Device financing ikaba imaze 6 kugeza kuri 12 uwayifashe wishyura 30%
  1. Mugihe cyo guhindura ikirahure cya telephone cyangiritse, umukiriya bireba azasabwa kugira uruhare yishyura rungana
  • Kuri telephone wafashe muri gahunda ya Device financing ikaba itararenza amezi 6 uyifashe wishyura 20%
  • Kuri telephone wafashe muri gahunda ya Device financing ikaba itararenza amezi 6 uyifashe wishyura 30%

Mu gihe amasezerano agifite agaciro hakaba ibura, ubujura cyangwa iyangirika ry’Igikoresho bitewe n’impamvu iyo ari yo yose uretse iyavuzwe, ugomba kubyirengera.

Mu gihe Igikoresho cy’Itumanaho cyabuze, Banki ifite uburenganzira bwo gusesa amasezerano yo gutanga inguzanyo yakozwe aherekejwe n’agaciro k’icyo Gikoresho cy’Itumanaho cyabuze ikanagira uburenganzira bwo guha umukiriya andi masezerano mu gihe iyi ngingo yatangijwe.

Umukono ushyizweho mu buryo bw’ikoranabuhanga

Wemeje ko umukono ushyizwe kuri aya masezerano ari umukono wawe w’umwimerere ushobora gushingirwaho mu kugenzura umukono wawe ushyira ku nyandiko mu buryo bw’ikoranabuhanga. Wemeje kandi ko uyu mukono wawe ushobora gukoreshwa mu kugenzura umukono ushyira ku masezerano cyangwa ku nyandiko zinyuranye mu buryo bw’ikoranabuhanga ukaba uhuye n’umukono wawe w’umwimerere. Mu gihe uhinduye umukono wawe, ugomba guhita ubitumenyesha. Ntabwo turyozwa imyenda iyo ari yo yose, igihombo cyangwa ibyangiritse bitewe no kunanirwa kubahiriza ibisabwa.

Kutubahiriza aya mabwiriza

Nubona kimwe muri ibi bikorwa bikurikira (muri aya masezerano cyiswe “IGIKORWA CYO KUTUBAHIRIZA AMABWIRIZA“) kibaye, uzaba utubahirije aya masezerano:

  • kunanirwa gutanga ubwishyu ku ifatabuguzi ry’itumanaho mbere y’itariki yagenwe;
  • kurenga ku kintu icyo ari cyo cyose, cyumvukanyweho muri aya masezerano;
  • kuba wararezwe igihombo mu nkiko;
  • Hashingiwe ku ingingo ya 7 y’itegeko numero 075/2021 ryo ku wa 06/12/2021 byerekeye  ku gihombo cy’isosiyete mu Rwanda
  • kunanirwa gushyira ku mugaragaro cyangwa kugaragaza amakuru y’ibinyoma, ayobya cyangwa agoretse yatanzwe mu gusaba Igikoresho cy’Itumanaho cyangwa mu gihe cy’ikurikizwa ry’aya masezerano;
  • kutubahiriza cyangwa kudakurikiza ibisabwa muri aya masezerano cyangwa ibyumvikanyweho bijyanye n‘inshingano zawe hanyuma bigakomeza ntibikemurwe mu minsi icumi (10) uhereye igihe yamenyesherejwe ko atubahiriza ibisabwa;
  • gushyira nomero y’Igikoresho cy’Itumanaho cyawe ku wundi muyoboro utari MTN, ukabikora mbere yo kurangiza kwishyura amafaranga yose uyisabwaho.

Mu gihe utubahirije aya masezerano, amafaranga asigaye ku Kiguzi cy’Itumanaho kugira ngo wibutswe Igihe Ntarengwa azihuta hanyuma ashiremo usabwe kwishyura. Tuzahita tuvana Igikoresho cy’Itumanaho ku murongo kandi ntuzanashobora kugikoresha ku yindi miyoboro y‘itumanaho.

Ibyakorwa mu gihe amabwiriza atubahirijwe

Mu gihe habaye ukutubahiriza amasezerano, dufite uburenganzira bwo gukora kimwe cyangwa byinshi muri ibi bikurikira:

  • kuvana ku murongo Igikoresho cy’Itumanaho ku buryo serivisi zacyo zose zitazashobora gukora;
  • kugusaba guhita wishyura amafaranga yose asigaye atarishyurwa;
  • kugusaba kutwishyura ikiguzi cyo gukusanya ibirarane;
  • gushyira amafaranga ahagije kuri konti yawe ya “Momo“ angana n’Ikiguzi cy’Itumanaho cy’ukwezi hanyuma ugakurikiza amabwiriza akubiye mu nyandiko itanga ibisobanuro iri mu gakarito karimo Igikoresho wahawe n’uhagarariye ibikorwa byacu by‘ubucuruzi.
  • Mugihe watinze kwishyura ubwishyu bwa buri kwezi, MTN ishobora kureba niba hari amafaranga ari ku zindi nimero zikubaruyeho hakurikijwe nimero z’irangamuntu/Passport watanze ubwo washyiraga umukono ku masezerano ya MTN “Product name” hamwe na bank.

Kwegukana Igikoresho

Banki izakomeza kugira uburenganzira ihabwa n’itegeko ku Gikoresho cy’Itumanaho kugeza igihe uzarangiriza kuyishyura amafaranga yose y’Ikiguzi cy’Itumanaho mu gihe cyateganyijwe. Uzegukana burundu Igikoresho cy’Itumanaho numara kwishyura Banki amafaranga yose harimo n’andi anyuranye asabwa kuri icyo Gikoresho.

Kudakoresha Igikoresho cy’Itumanaho ku wundi muyoboro

Binyujijwe muri aya masezerano, wemeye ko utazigera ushyira nomero y’iki Gikoresho cy‘Itumanaho ku wundi muyoboro w’itumanaho kugeza urangije kwishyura Banki na MTN amafaranga yose usabwa. Nuramuka unaniwe kubahiriza ibisabwa, MTN izavana ku murongo telefoni yawe.

Indishyi

Wishingiye ingaruka zose zakubaho cyangwa zatubaho zitewe nawe cyangwa ibikorwa byawe cyangwa ibyo utakoze mu buryo buziguye cyangwa butaziguye zikaba zashingira ku gihombo icyo ari cyo cyose, ibura cyangwa iyangirika bijyanye n’icyo Gikoresho cy‘Itumanaho, mu gihe cyose kizaba kiri mu maboko yawe. Iyi ngingo ni yo izatuma aya masezerano adaseswa. Nk’uko biteganywa n’amategeko, uzatwishyura amafaranga yose azakoreshwa mu gukurikirana ikirego cyangwa urubanza urwo ari rwo rwose ruzaba rwaguturutseho hashingiwe kuri aya masezerano harimo n’igihembo cy’avoka.

Amategeko n’inkiko byakwifashishwa

Aya masezerano kimwe n’ikirego, amakimbirane cyangwa impamvu yatuma haba urubanza (haba mu masezerano, mu bibangamye cyangwa mu bundi buryo) byavuka mu buryo bufitanye isano na yo ndetse n’ubucuruzi bugamijwe muri aya masezerano, byose bizagengwa n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda kandi bikemurwe n’inkiko za Repubulika y’u Rwanda.

Amabwiriza y’inyongera

Igihe icyo ari cyo cyose, Banki ishobora guha cyangwa kwimurira aya masezerano ku mufatanyabikorwa wayo cyangwa undi muntu itabanje kugusaba uruhushya. Ntushobora gutanga aya masezerano cyangwa inyungu iyakomokaho utabanje kubiherwa uruhushya rwanditse na Banki. Twifashisha Ibiro bishinzwe gutanga raporo ku nguzanyo mu kugenzura inyandiko yawe y’inguzanyo hanyuma MTN ikagenzura inyandiko y’amakuru ku mukiriya. Binyujijwe muri aya masezerano, wemeye ubwo buryo dukoresha kandi ntushobora kugura Igikoresho cy’Itumanaho uyashingiyeho mu gihe utujuje ibisabwa mu mabwiriza yacu agenga inguzanyo ndetse n’ibishingirwaho mu gutanga umwenda.

Gutanga no kumenyekanisha amakuru

Utwemereye bidasubirwaho ko twakwimura tugaha umwenda wawe undi muntu, haba mu rwego rwo gutanga inguzanyo cyangwa mu bundi buryo. Utwemereye kandi ko mu gihe habaye ukutubahiriza amabwiriza, tuzagaragariza ibigo bishinzwe inguzanyo hamwe n’ibigo bishinzwe gukusanya ibirarane umwenda uzaba utarishyurwa ku Gikoresho cy’Itumanaho cyawe ndetse n’uburyo ababishinzwe bakugeraho. Utwemereye kandi twebwe n’abafatanyabikorwa bacu kuzajya tugukuraho amafaranga y’ubwishyu n’andi asabwa dushingiye kuri aya masezerano.

Guhagararira umukiriya no kumwishingira

Uhagarariwe kandi wishingiwe mu buryo bukurikira:

  • Amakuru waduhaye mu magambo ndetse n’ayo watwoherereje kuri imeyili cyangwa ukoresheje ubundi buryo bw’ikoranabuhanga cyangwa mu nyandiko nk’izo watanze zijyanye n’imyishyurire ku Gikoresho cy’Itumanaho, yose ni ukuri, arasobanutse kandi aruzuye. Icyo ushinzwe gusa ni ukureba niba hari ibyo wakosoramo. Ntabwo twaryozwa gushingira ku nyandiko iyo ari yo yose watanze ngo twemere kwirengera ingaruka zikomoka ku makuru ayo ari yo yose agoretse, atari yo cyangwa atuzuye watanze. Niba ukeka ko mu makuru waduhaye harimo ikosa, ugomba guhita uduha ibisobanuro udatinze. Tuzakora uko dushoboye tugerageze gukosora iryo kosa igihe cyose bizashoboka n’aho bizashoboka ariko ntituzaryozwa igihombo kizarikomokaho.

Ibi bigomba kugenzurwa. Mu gihe ubusabe bwawe butemewe, inyandiko zawe urazisubizwa.

 

Kwemera amasezerano

Ndemera amabwiriza akubiye muri aya masezerano yo kwiyandikisha ku ifatabuguzi ry’Igikoresho cy’Itumanaho.

Nasomye kandi nsobanukirwa neza n’ibyavuzwe haruguru; bityo, umukono wanjye nshyize hano hepfo cyangwa Ijambo ry’urufunguzo (“OTP”) mpaye umukozi wanyu bigaragaza ko mbyemeye nta shiti kandi bikaba na gihamya y’aya masezerano agomba kubahirizwa hagati yanjye, MTN na Banki.

INYANDIKO YEREKEYE KURINDA AMAKURU BWITE N’IMIBEREHO BWITE BY’UMUNTU

Twubahiriza uburenganzira bwanyu ku mibereho bwite, tubuha agaciro gakomeye kandi turinda imibereho bwite yanyu, dukora ibishoboka byose kugira ngo umutekano w’amakuru bwite yanyu urindwe mu buryo bukomeye.

Twiyemeza gutunganya amakuru bwite yanyu mu buryo butabogamye kandi bunyuze mu mucyo. Iyi nyandiko yerekeye kurinda amakuru bwite n’imibereho bwite isobonura uburyo dutunganya amakuru bwite aberekeyeho. Isobanura uburenganzira bwanyu bwerekeranye n’amakuru bwite dutunganya kandi havugwamo ibyo twiyemeza igihe dutunganya amakuru bwite mu buryo bwubahiriza amategeko n’amahame agenga imyifatire myiza kandi mu mutekano.

Turi ba nde?

Turi MTN Rwandacell PLC.
Muri iyi nyandiko yerekeye imibereho bwite iyo tuvuze “MTN”, “Yacu”, “Bacu”, “Byacu” “Twe”, “Zacu” tuba tuvuga MTN Rwandacell PLC n’ibigo biyishamikiyeho.

Ese iyi nyandiko igenewe bande?
Iyi nyandiko igenewe abantu bakurikira:

  • Umuntu wese ugiranye amasezerano na MTN yerekeranye  n’itangwa ry’ibicuruzwa na serivise cyangwa umuntu wese uguze igicuruzwa na MTN (“abakiriya”) harimo n’abashobora kuba abakiriya bayo mu buryo MTN yatunganya amakuru bwite aberekeyeho
  • Umuntu wese ukoresha urubuga “website” rwa MTN, porogaramu ya terefone igendanwa cyangwa ikindi
  • gicuruzwa cyangwa serivise byayo (“abakoresha serivise
  • Abantu bose bagemurira ibicuruzwa MTN, abagirana amazerano na yo n’abatanga serivise muri MTN (“abagemura ibicuruzwa”) ndetse n’abashobora kuzatanga serivise n’ibicuruzwa mu buryo MTN itunganya amakuru bwite aberekeyeho
  • Abaranguzi b’ibicuruzwa bya MTN barimo abantu MTN yifashisha ikwirakwiza ibicuruzwa byayo n’abagenti kimwe n’abafatanyabikorwa (“abaranguzi b’ibicuruzwa bya MTN”) barimo abashobora kuba abaranguzi mu buryo MTN yatunganya amakuru bwite aberekeyeho; cyangwa
  • Undi muntu wese (uretse abakozi n’abasabye akazi muri MTN) usangiza MTN amakuru bwite harimo abagenerwabikorwa, abacunga iby’abandi b’umwuga cyangwa abaterinkunga ibigega by’ubwizerane bya MTN cyangwa ibikorwa by’urukundo byayo; abashyitsi ba MTN (“abandi ba nyiri ubwite”).

Amagambo y’ingenzi ukwiye gusobanukirwa igihe usoma iyi nyandiko.

Amakuru bwiteAmakuru yose yerekeye umuntu ku giti cye uzwi cyangwa ushobora kumenyekana, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, by’umwihariko hashingiwe ku kimuranga nk’izina, nomero imuranga, aho aherereye, ikimuranga mu buryo koranabuhanga cyangwa hashingiwe ku kintu kimwe cyangwa byinshi byihariye biranga imiterere y’umubiri we, imitekerereze ye, inkomoko ye, ubuzima bwe bwo mu mutwe, ubukungu, umuco cyangwa imibereho y’uwo muntu ku giti cye.
Amakuru bwite y’ibangaNi Amakuru agaragaza isanomuzi y’umuntu, uko ubuzima bwe buhagaze, ko yafunzwe cyangwa atafunzwe, dosiye ye yo kwa muganga, inkomoko ye mu muryango, imyemerere ye ishingiye ku idini cyangwa ku mitekerereze, ibitekerezo bye bya politiki, amakuru ndangasano cyangwa ay’imiterere ye, imibereho bwite y’amahitamo mpuzabitsina cyangwa umwirondoro w’umuryango.
Za “CookiesNi fishiye igizwe n’inyandiko nto ituruka ku rubuga rwacu ikirema kuri mudasobwa cyangwa ku gikoresho koranabuhanga cyanyu igihe musuye bimwe mu bice by’urubuga rwacu cyangwa iyo mukoresheje bimwe mu bigize urubuga rwacu. Amakuru arambuye yerekeye inyandikonyakwirema (cookies) zikoreshwa n’urubuga rwacu avugwa hasi aha.
Umugenzuzi w’amakuru

Umuntu ku giti cye, ikigo cya Leta cyangwa icy’abikorera cyangwa urwego bifite ubuzimagatozi, habaho cyangwa hatabaho ubufatanye, bitunganya amakuru bwite kandi bikagena uburyo bwo kuyatunganya.

Ku byerekeranye n’iyi nyandiko yerekeye imibereho bwite, nitwe bagenzuzi b’amakuru yanyu.

Gutunganya amakuru bwiteIgikorwa kimwe cyangwa ibikorwa byinshi, bikozwe ku makuru bwite hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwikoresha cyangwa bukoreshwa, harimo kugera, kubona, gukusanya, kwandika, kunoza, kubika, guhuza cyangwa guhindura, kugarura, gusubiza, guhisha, kwifashisha, gukoresha, kumenyesha amakuru yerekeye umuntu ku giti cye ahererekanijwe, kuyahanahana, kuyahererekanya cyangwa kuyatanga, kuyagurisha, kubuza imikoreshereze yayo, kuyasiba cyangwa kuyasenya, kuyatesha agaciro cyangwa kuyangiza.
Utunganya amakuru (cyangwa utanga serivise)Ni umuntu ku giti cye cyangwa ikigo cya Leta icy’abikorera cyangwa urwego, utunganya amakuru mu izina ry’umugenzuzi w’amakuru. Dushobora gukoresha serivise z’abatanga serivise banyuranye kugira ngo dutunganye amakuru bwite yawe mu buryo bunoze kurushaho.
Nyiri ubwiteNi umuntu wese uriho ushobora gutangwaho amakuru bwite
Ukoresha amakuruUmuntu ku giti cye, ikigo cya Leta cyangwa icy’abikorera cyangwa urwego bifite ubuzimagatozi bikoresha cyangwa bisaba serivise yo gutunganya amakuru bwite.
Ni ayahe makuru bwite MTN ikusanya kandi ikoresha?
  • Amakuru bwite MTN igira iba yakusanyije ashobora kubamo n’ubwo atari yo gusa: amazina, igitsina, itariki y’amavuko, aho umuntu abarizwa, kode y’umubare uranga buri terefone igendanwa, nomero ya terefone igendanwa, imeyiri, umurimo akora n’amakuru akubiye mu bya ngombwa by’inyongera nk’inyandiko igaragaza umuntu uwo ari we n’inyandiko igaragaza aho abarizwa.
  • MTN n’abandi bantu babifitiye uruhushya bashobora gukusanya, kubika no gutunganya ubu bwoko bw’amakuru bwite bukurikira: amakuru y’imiterere y’umuntu, amakuru yerekeye imari, mu rwego rwo gutanga ibicuruzwa byacu na serivise no gukoresha “website” yacu, amakuru yerekeye ikoreshwa rya serivise zacu ashobora kuba agizwe na nomero mwahamagaye n’izo mwitabye, ibintu mwagiye mureba kuri “website” yacu, amakuru yerekeye aho muherereye n’amakuru y’inyongera atangwa igihe mukoresha serivise zacu.
  •  

MTN ikusanya amakuru bwite yanjye iyakuye he?

  • Ahanini dukusanya amakuru bwite yanyu mu buryo butaziguye muyatwihereye, urugero, iyo uhawe simukadi, iyo uguze cyangwa ukoresheje igicuruzwa icyari cyo cyose cyacu cyangwa serivise yacu, iyo usuye “website” yacu cyangwa ukoranye n’amashami yacu ashinzwe kwita ku bakiriya.
  • Cyakora, hamwe na hamwe, hari n’aho tunakusanya amakuru bwite yanyu mu buryo butaziguye tuyakuye ku bandi bantu. MTN izajya ikora ku buryo hakurikizwa inzira zikwiye mu gukusanya amakuru bwite.

Ni iyihe mpamvu MTN ikoresha amakuru bwite yanyu?

      1. MTN ikusanya amakuru bwite kugira ngo iyakoreshe ku mpamvu zinyuranye z’ubucuruzi. Muri zo, n’ubwo atari zo gusa harimo:
        1. Kugenzura imyirondoro yanyu.
        2. Guhererekanya ibicuruzwa no gukora fagitire y’ibicuruzwa na serivise.
        3. Gutanga igisubizo kuri serivise cyangwa ubufasha mwasabye.
        4. Gukora isesengura n’ubushakashatsi ku miterere y’isoko ndetse n’isesengura ry’ubucuruzi n’ibikorwa by’ubucuruzi.
        5. Gutegura amasezerano no gutunganya impapuro zitanga isoko: dutunganya amakuru yanyu bwite mu rwego rwo kuzuza inshingano zijyanye n’amasezerano tugirana no gutunganya ibyo mwadusabye kugira ngo tubahe ibicuruzwa na serivise kandi dukomeze kubagezaho aho inyandiko zibibemerera zigeze zikorwa no kubaha ibicuruzwa na serivise.
        6. Gutanga ibicuruzwa byacu na serivise, gukomeza kubitanga no kunoza imitangire yabyo.
        7. Gutahura ibibazo n’ibyifuzo byerekeranye n’ibicuruzwa na serivise byacu hakiri kare no kubishakira igisubizo.
        8. Guteza imbere no kwamamaza ibicuruzwa na serivise byacu byabagirira akamaro no kugirana isano n’ibicuruzwa na serivise muri gukoresha muri iki gihe.
        9. Gukumira uburiganya n’ibyaha: Dutunganya amakuru yanyu bwite kugira ngo tuvumbure kandi dukumire uburiganya cyangwa ibyaha byakorwa hakoreshejwe ibicuruzwa cyangwa serivise byacu.
      2. Mu rwego rwo gukora isesengura, MTN ishobora kugenda yegeranya ibikorwa wagiye ukorera ku muyoboro wacu no ku rubuga rwacu ikoresheje tekiniki zinyuranye zikoreshwa na interineti harimo za “web cookies”, “web beacons”, gukusanyiriza amafishiye kuri seriveri n’izindi kugira ngo ibintu bitandukanye bigize urubuga rwacu bijyane kandi mu buryo buhuye n’ibiteganywa n’amategeko. Ayo makuru ashobora gukoreshwa mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyera imbuga z’ikoranabuhanga zacu.
      3. Igihe icyari cyo cyose uri gushakisha ku rubuga rwacu, uramutse utifuza kugira uwo usangiza amakuru uri gushakisha, ushobora guhitamo kutakira za “cookies” ziturutse ku rubuga rwacu maze ugakora impinduka zikwiye ku buryo bwawe bwo kubika ibanga ku ishakisha.
      4. Iyo utemeye ko amakuru bwite yawe akoreshwa cyangwa wagezaho ukisubiraho ntiwemere ko amakuru bwite yakusanyijwe akoreshwa, hari ibicuruzwa na serivise bigora ko MTN iguha.

Ese MTN yemerewe gutunganya amakuru yanjye bwite?

Igihe cyose hari ishingiro ryo mu rwego rw’amategeko, twemerewe gutunganya amakuru bwite yanyu (urugero amategeko akurikizwa muri MTN yemera ko hatunganywa amakuru bwite yanyu ndetse na politiki MTN igenderaho zemera ko ayo makuru atunganywa). Iyo dutunganya amakuru bwite yanyu, iyo dusanze bikwiye bitewe n’icyo itunganya ry’amakuru rigamije, dushingira kuri kimwe muri ibi mu rwego rw’amategeko:

  • Inshingano yo mu rwego rw’amategeko: Hari ubwo iyo MTN ikeneye gutunganya amakuru bwite mu rwego rwo kubahiriza ishingano yahawe cyangwa itegekwa n’amategeko, mu gutunganya amakuru bwite mwatanze, dushingira ku biteganywa n’amategeko.
  • Inyungu zemewe n’amategeko: Inyungu zacu zemewe n’amategeko zo mu bucuruzi zirimo kwamamaza mu buryo butaziguye no kunoza serivise dutanga. Dushingiye ku biteganywa n’amategeko mu gutunganya amakuru bwite yanyu, igihe cyose dusuzuma inyungu zacu zo mu bucuruzi kugira ngo turebe ko zitarusha uburemere uburenganzira bwanyu. Byongeye kandi, hari aho usanga mufite uburenganzira bwo gutambamira iryo tunganywa ry’amakuru. (Reba igice cyerekeye “uburenganzira” cy’iyi nyandiko).
  • Ukwemera kwa nyiri ubwite: Iyo nta nyandiko yo mu rwego rw’amategeko yindi ihari, dushobora gushingira ku byo mwemeye. Buri gihe muzajya muhabwa inyandiko ukwayo ibasaba kwemera kandi igihe cyose muzaba mushobora kwisubiraho kandi muzajya muhabwa ibisobanuro birambuye by’uko ibyo bikorwa.
  • Dufata amasezerano nk’inyandiko yo mu rwego rw’amategeko ishingirwaho mu gutunganya amakuru bwite igihe dukeneye kugirana na mwe amasezerano yerekeranye no gutanga serivise cyangwa igihe byabaye ngombwa ko dutunganya amakuru mbere y’uko tugirana amasezerano.

Ese guha MTN amakuru bwite igusaba ni itegeko?

Buri gihe si ngombwa ko uduha amakuru bwite tugusabye. Cyakora, hari ubwo iyo utaduhaye amakuru bwite runaka, by’umwihariko igihe twayagusabye, bishobora gutuma hari ibyo tutagukorera birimo:

  • Kuguha ibicuruzwa cyangwa serivise byacu.
  • Kugufasha gucunga ibicuruzwa byacu na serivise.
  • Kukwemerera gukoresha “website” yacu yose uko yakabaye mu bwisanzure.
  • Kugushyira ku rutonde rw’abaduha ibicuruzwa na serivise, abaturanguraho, abo tugirana nabo amasezerano cyangwa abatanga serivise.
  • Kukwemerera kugera aho dukorera cyangwa mu nyubako zacu.

Ese MTN itunganya amakuru bwite yanjye mu buryo bwikoresha?

Nta cyemezo MTN ifata mu buryo bwikoresha (harimo no gukora ishusho y’amakuru) cyabagiraho ingaruka zo mu rwego rw’amategeko cyangwa kikabagiraho indi ngaruka ikomeye nk’iyo. Iyo bigeze aho hakaba impinduka, turabamenyesha kandi tugahindura iyi nyandiko yerekeranye n’imibereho bwite dukurikije ibyahindutse.

Ese MTN imarana igihe kingana iki amakuru bwite yanjye?

Ntituzakomeza kubika amakuru bwite yanyu igihe kirekire keretse ku mpamvu yatumye ayo makuru bwite atunganywa: kubika amakuru bwite biteganywa cyangwa bitegekwa n’amategeko akurikizwa muri ako gace.

  • Iyo wemeye ko amakuru bwite yawe abikwa igihe kirekire; cyangwa
  • Iyo amakuru bwite akenewe ku mpamvu z’amateka, ibarurishamibare cyangwa ubushakashatsi hapfa kuba harashyizweho ingamba zikwiye zo kurinda amakuru bwite akoreshwa ku zindi mpamvu izo ari zo zose.
  • Dukora ibishoboka amakuru bwite atagikenewe cyangwa tutakemerewe kubika, agakurwaho ibiyaranga burundu vuba bishoboka cyangwa agasenywa hakoreshejwe uburyo butekanye, bitaba ibyo agasibwa burundu mu buryo bukwiye.

Ese MTN yahererekanya amakuru bwite yanjye n’abandi bantu?

Yego, iyo bibaye ngombwa dusangiza amakuru bwite abandi bantu/ibigo bidushamikiyeho bitewe n’ibyo dukeneye mu bucuruzi bifite ishingiro, dushakira igisubizo ibyo mwasabye iyo bikurikije cyangwa byemewe n’amategeko. Muri bo hari mo:

  • Abaduha serivise: Duhererekanya amakuru bwite yanyu n’abandi bantu baduha serivise barimo abita kuri sisiteme y’ikoranabuhanga yacu (IT), abita kuri “website” yacu, abagishwanama (barimo abagishwanama mu by’amategeko) n’abandi baduha ibicuruzwa na serivise. Abo bantu batunganya amakuru bwite yanyu mu izina rya MTN hashingiwe ku masezerano twagiranye abasaba gukurikiza ingamba zikwiye zo kurinda amakuru bwite.MTN ihanahana gusa amakuru bwite n’umuntu uyiha serivise ari uko uwo muntu yubahirije neza ibyo tugenderaho mu gutunganya amakuru no kurinda umutekano wayo. Dusangiza gusa amakuru bwite abaduha serivise kugira ngo baduhe serivise zabo kandi ntibemerewe gutunganya amakuru bwite yanyu ku zindi mpamvu zitari izo.
  • MTN iramutse ihinduye uburyo bw’imikorere cyangwa igurishijwe ku kindi kigo: Ishobora kumenyekanisha amakuru bwite yerekeranye n’ibyacurujwe, inshingano cyangwa ibindi imenyesha mu rwego rw’ubucuruzi byerekeranye n’ayo makuru.
  • Inkiko, kubahiriza amategeko cyangwa inzego ngenzuramikorere: MTN ishobora kumenyekanisha amakuru bwite mu rwego rwo gusubiza ibyo yasabwe n’inkiko, Leta, inzego zishinzwe kubahiriza amategeko cyangwa aho, mu bushishozi bwayo, ibona ari ngombwa ko igomba kubahiriza ibiteganywa n’amategeko ariho, ibyemezo cyangwa ibyategetswe n’inkiko cyangwa amabwiriza ya Leta.
  • Ubugenzuzi: Abagenzuzi bacu na bo bashobora gukenera ko hamenyekanishwa amakuru bwite kugira ngo abafashe gukora amagenzura y’imari, kugenzura amakuru yerekeye imibereho bwite cyangwa umutekano wayo cyangwa gukora iperereza, gushaka umuti w’ikirego cyatanzwe cyangwa ikintu kibangamiye umutekano w’amakuru.

Abishingizi: Ubucuruzi bwacu bukenera ko ibikorwa byacu by’ubucuruzi byishingirwa mu buryo bukomeye. Hari abantu batandukanye benshi bagira uruhare mu bwishingizi (Urugero, abahuza mu bwishingizi, abishingizi n’ababishingira ndetse n’abajyanama babo mu by’akazi n’abandi bantu bagira uruhare igihe havutse ikibazo). Bizaba ngombwa ko tumenyesha bamwe mu bari muri iryo soko ry’ubwishingizi amakuru bwite aberekeyeho. Ayo makuru akoreshwa n’abari mu isoko ry’ubwishingizi uwishingirwa asinya amasezerano no mu rwego rwo gukomeza gucunga igikorwa cy’ubwishingizi igihe havutse ikibazo cy’ubwishingizi kikureba no gutuma umwishingizi n’uwishingirwa buzuza inshingano zabo ziteganywa n’amategeko n’amabwiriza. Bamwe muri aba barebwa n’igikorwa cy’ubwishingizi bakoresha ayo makuru mu izina ryacu (kimwe n’abaduha serivise twavuze) ariko abandi bashobora gutunganya amakuru yanyu bo ubwabo tutabibabwirije.

  • Abandi bantu: Dushobora guhanahana amakuru n’abandi bantu bakoresha imbuga/sisiteme za MTN twamamaza igicuruzwa cyabo. Cyakora, amakuru bwite yakusanyijwe arabanza akavanwaho amazina ya ba nyirayo kandi agahurizwa hamwe mu byiciro mbere y’uko ahabwa abo bantu bandi.

Ni ubuhe burenganzira bwanjye?

Ese MTN ishobora guhanahana amakuru bwite yanjye ku rwego mpuzamahanga?

MTN ishobora gutanga amakuru bwite yawe cyangwa andi makuru cyangwa amakuru yakusanyijwe, yabitswe kandi yatunganyijwe ku rundi rwego urwo ari rwo rwose cyangwa abandi bantu bari hanze y’igihugu ikoreramo ari uko bikenewe, ku mpamvu z’ubucuruzi zumvikana hagamijwe kuguha serivise. Aha hashobora no kubamo guha amakuru ahurijwe hamwe mu byiciro abandi bantu bagiranye amasezerano na MTN kugira ngo babafashe kumva neza uburyo dukora hanyuma babone kuguha serivise zinoze. Igihe MTN isangije amakuru bwite abandi bantu, ifata ingamba zikwiye zumvikana zo mu rwego rw’imikorere, urwa tekiniki n’umutekano maze hagakorwa ibishoboka kugira ngo wa muntu wundi arindire amakuru umutekano kandi ingamba zikurikize amahame n’amabwiriza byo kurinda amakuru.

Ese MTN irinda ite umutekano w’amakuru bwite yanjye?

MTN irinda ubusugire n’ibanga by’amakuru bwite ifite cyangwa igenzura ishyiraho ingamba zikwiye, zumvikana zo mu rwego rwa tekiniki n’urw’imikorere zo gukumira:

  • Itakara ritunguranye ry’amakuru bwite yawe, iyangirika ryayo cyangwa isenywa ryayo mu buryo butemewe;
  • Kubona amakuru bwite yawe binyuranyije n’amategeko cyangwa bitemewe; no
  • Gutunganya amakuru bwite yawe binyuranyije n’amategeko cyangwa bitemewe.

Bimwe mu byo MTN ikora itunganya amakuru, ifata ingamba zikwiye zo gutahura no gusuzuma mu buryo buhoraho ingorane zose z’imbere mu kigo no hanze yacyo zishobora kubaho ku makuru bwite ifite cyangwa igenzura no gushyiraho ingamba z’umutekano zumvikana kandi zikwiye zo mu rwego rwa tekiniki n’urw’imikorere zo kwirinda izo ngorane zatahuwe.

Ese MTN ibigenza ite iyo habaye ivogerwa ry’amakuru bwite?

N’ubwo MTN ishyira mu bikorwa ingamba zikwiye zo gukumira cyangwa kugabanya ko hashobora kubaho ivogerwa ry’amakuru bwite ndetse n’ingaruka bishobora kugira, izo ngaruka ntizishobora kuvanwaho burundu. Iyo MTN imenye cyangwa iketse mu buryo bwumvikana ko habayeho ivogerwa ry’amakuru bwite cyagwa se ko ubusugire n’ibanga by’amakuru bwite byabangamiwe, ikurikiza politike zayo zerekeye uburyo n’imicungire by’ibibazo n’inyandiko ziyiherekeje bigenga gushakira umuti ikibazo cy’ivogerwa ry’amakuru bwite no kubivuga byabaye.

Iyo MTN itunganya amakuru bwite aberekeyeho, muba mufite uburenganzira bukurikira:

  1. Uburenganzira bwo kugera ku makuru bwite:
    Ufite uburenganzira bwo gusaba kopi y’amakuru bwite MTN ifite akwerekeyeho (harimo ibyiciro by’abantu bagenewe kwamamazwaho n’amakuru yabonetse aturutse ku yasesenguwe) nk’uko biteganywa n’amategeko.
  2. Uburenganzira ku makuru bwite y’ukuri:
    Ufite uburenganzira ku makuru y’ukuri dufite akwerekeyeho kugira ngo umenye neza ko ari yo, afite ireme, yuzuye kandi atarenze akenewe.
  3. Uburenganzira bwo gutambamira ikoreshwa ry’amakuru bwite:
    Ufite uburenganzira bwo gutambamira ko MTN itunganya amakuru bwite yawe mu bihe bimwe na bimwe biteganywa n’amategeko. Cyakora, aho gutunganya ayo makuru bigomba gukorwa hubahirizwa amategeko, ushobora kwemererwa uburenganzira bwawe bwo gutambamira ikoreshwa ryayo.
  4. Uburenganzira bwo kutakira ubutumwa bwamamaza:
    Nta bwo MTN izajya ikoherereza ubutumwa bwo kwamamaza keretse nutwemerera ko tubikora. Igihe waba wumva utagishaka kwakira ubutumwa bwa MTN bwamamaza, igihe cyose ushobora guhitamo kutabwakira ukoresheje uburyo twagushyiriyeho. Niba mu gihe gishize warigeze guhitamo kwakira ubutumwa bukugenewe hashingiwe ku buryo n’aho ukoreshereza umuyoboro wa interineti wacu, igihe cyose ushobora guhitamo kutabwakira.
  5. Uburenganzira bwo gusubizwa no guhererekanya amakuru bwite:
    • Ufite uburenganzira bwo gusaba MTN, mu buryo bw’inyandiko cyangwa bw’ikoranabuhanga kugusubiza amakuru bwite akwerekeyeho nk’uko wayahaye MTN mu buryo butunganye kandi asomeka.
    • Ufite kandi uburenganzira bwo gusaba umugenzuzi w’amakuru mu buryo bw’inyandiko cyangwa bw’ikoranabuhanga ko amakuru bwite ahererekanywa ku wundi mugenzuzi w’amakuru nta mbogamizi.
  6. Uburenganzira bwo kubuza gutunganya amakuru bwite:
    Ufite uburenganzira bwo kubuza MTN gutunganya amakuru bwite yawe mu gihe kigenwe mu buryo buteganywa n’amategeko. Wibuke ko igihe impamvu yo gukusanya no gutunganya amakuru bwite yawe kwari ukugira ngo huzuzwe inshingano y’amasezerano mwagiranye, gutambamira itunganya ry’ayo makuru bishobora gutuma tutaguha serivise zacu n’ibicuruzwa.
  7. Uburenganzira bwo gusiba amakuru bwite:
    Ufite uburenganzira bwo gusaba mu nyandiko cyangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga MTN gusiba amakuru bwite yawe mu buryo buteganywa n’amategeko.

Ushobora gusaba MTN cyangwa ugakoresha ubu burenganzira uhamagara cyangwa wandikira MTN kuri dataprivacyoffice.rw@mtn.com . Tuzakora ibishoboka byose kandi bikwiye dusubize icyifuzo cyawe igihe cyose cyubahirije amategeko na politiki by’ikigo.

Hanyuma kandi, igihe cyose ufite uburenganzira bwo gutanga ikirego ku rwego rugenzura rushinzwe kurinda amakuru bwite. Ibiro bishinzwe kurinda amakuru bwite bibarizwa aha hakurikira:

Agasanduku k’iposita: 21 KG 7 Ave, Kacyiru, Kigali-Rwanda

Duhamagare cyangwa utwandikire.

Niba hari ibibazo cyangwa ibyifuzo ufite byerekeranye n’iyi nyandiko irebana n’imibereho bwite kandi ukaba wifuza amakuru yisumbuye ku buryo turinda amakuru yawe cyangwa wifuza kuvugana n’ibiro by’aho mutuye birinda amakuru bwite (DPO), utwoherereze imeyiri kuri dataprivacyoffice.rw@mtn.com

Impinduka kuri politiki yerekeye ubuzima bwite

MTN ishobora kugenda ihindura iyi Nyandiko yerekeye ubuzima bwite kugira ngo ijyane n’imikorere y’iki gihe ku mibereho bwite. Iyo dukoze impinduka kuri iyi nyandiko, ku mutwe wayo, duhindura itariki “tukayihuza n’iyo byakoreweho” kandi tukumenyesha impinduka yose ikugiraho ingaruka binyuze mu nzira zikwiye nk’izo dusanzwe duhanamo amakuru.

Complaints Against MoMo Services

Your Details

MoMo Complaints

Irekure Voice Packs

Irekure Data Bundle

Home Internet form

Your Details

Request for Home Internet

Play. Do. Repeat.

Playing is more than fun, it’s fundamental.

We make believe. Pretend. Imagine. We please because it’s how we’re wired. It’s our instinct. If you want to do anything truly original, do anything that changes
the world, then first, we have to play.
Because doing starts
with playing.

WHAT ARE COOKIES?

Cookies are a small text files that are stored in your web browser that allows MTN Rwanda or a third party to recognize you. Cookies can be used to collect, store, and share bits of information about your activities across websites, including on MTN Rwanda’s website.

Cookies might be used for the following purposes:

• To enable certain functions

• To provide analytics

• To store your preferences

• To enable ad delivery and behavioural advertising

MTN Rwanda may use both session cookies and persistent cookies.

A session cookie is used to identify a particular visit to our website. These cookies expire after a short time, or when you close your web browser after using our website. We use these cookies to identify you during a single browsing session, such as when you log into our website.

A persistent cookie will remain on your devices for a set period of time specified in the cookie. We use these cookies where we need to identify you over a longer period. For example, we would use a persistent cookie if you asked that we keep you signed in.

How do third parties use cookies on the MTN Rwanda website?

Third party companies like analytics companies and ad networks generally use cookies to collect user information on an anonymous basis. They may use that information to build a profile of your activities on the website.

What are your cookies options?

If you don’t like the idea of cookies or certain types of cookies, you can change your browser’s settings to delete cookies that have already been set and to not accept new cookies. To learn more about how to do this, visit the help pages of your browser.

Please note, however, that if you delete cookies or do not accept them, you might not be able to use all of the features we offer, you may not be able to store your preferences, and some of our pages might not display properly.

Tubitayeho Data Bundle

Tubitayeho Voice Packs

Your cookie settings

We use cookies to improve your experience on our website. By browsing this website, you agree to our use of cookies and Data Privacy notice.